Nsengimana Faustin utuye mu murenge wa Cyanika akagari ka Karama umudugudu wa Nyamisave aratabaza ubuyobozI bw’akarere ka Nyamagabe ni nyuma yaho inzu ye isenywe n’ibikorwa bya Sosite y’abashinwa ikorera muri aka gace.
Ni umuturage witwa Nsengimana Faustin twasanze mu mudugudu wa Nyamisave akagari ka Karama umurenge wa Cyanika akarere ka Nyamagabe, uvuga ko afite impungenge ko inzu ye isaha n’isaha ishobora kumugwaho ni nyuma yuko yansenyewe n’ibikorwa bya Kampani y’abashinwa ikorera muri aka gace itunganya amabuye akoreshwa mu bw’ubwubatsi.
Ati “Inzu hashize amezi atandatu ubwo kampani y’abashinwa imashini zatsindagiraga noneho hano hagatigita mbese kuko urabona ko yegereye hano ku kigo noneho inzu irasatagurika none urabona ko igiye kungwira.
Nsengimana akaba asaba ko yasanirwaga inzu ye byaba na ngombwa akahimurwa kuko n’ubundi niyo bayisana ishobora kuzongera kwangirika kuko nta metero 20 ziri hagati y’inzu ye naho izi mashine z’abashinwa zitunganya amabuye ziba zikorera, nkuko nanone abaturanyi be babihamya.
Ati”Mwankorera ubuvugizi bakayisana kuko igiye kugwa igihe gito urabona nta kintu gisigaye izatugwira ndetse nijoro n’imvura nigwa sinzi ko izayisiga, ubu turara tudasinziriye tugira ngo iratugwa hejuru ari ibishoboka nyine batwimura ariko nkanjye kubera ko uruzi ko ibura igihe gito ngo ingwire mu gihe bataratwimura abamufashije bakaba bayisannye kuko nanjye ndara ntasinziriye”.
Umuyobozi wungirije w’akarere ka Nyamagabe ushinzwe iterambere ry’ubukungu HABIMANA Thaddée, avuga ko iki kibazo atari akizi ariko agiye kugikurikirana uyu muturage agafashwa.
Ati”Uze kunyandikira amazina ye nko muka message azamfasha no kumenya n’abandi bafite ikibazo nk’iki tugisuzume nacyo tugikemure”.
Uyu muturage avuga ko uretse gusa kuba izi mashine z’iyi kampani zaramusenyeye inzu avuga niyo nziri gukora batabasha gusinzira ngo ndetse n’ifumbi riba ari ryinshi ku buryo usanga ryagiye no biryo barya bakaba bafite impungenge ko bizabatera indwara.
Ati”Iyo izo mashine ziri gusya umukungu uratumuka ubundi umuntu agahumeka umukungugu n’amabuye byose kubera umuyaga betera indwara kubera ko mu bihaha turarwara mu bihaha nyine kubera umwuka mubi n’umukungugu”.


















