Ubuyobozi bw’Ishuri rya Nyarutovu mu murenge wa Bushenge, mu karere ka Nyamasheke bwasezereye abanyeshuri ko ntabyo kurya bikirangwa ku ishuri, abana basubira kurya mu ngo z’ababyeyi.
Ni icyemezo Ubuyobozi bw’iri shuri rubanza buvuga ko bwafashe nyuma yo kubona ko muri sitoke y’ikigo ntabyo kurya bisigayemo ndetse n’amafaranga ava mu ruhare rw’ababyeyi yashize, cyane ko nayo yishyuye na bake mu bana barenga 900 bagombaga kuyishyirirwa.
Icyumweru kirashize abanyeshuri batangiye kujya kurya mu ngo iwabo, bakavuga ko batazi uko byagenze.
Abo birimo kugiraho ingaruka by’umwihariko ni abanyeshuri biha igitondo n’ikigoroba, bo mu myaka mikuru.
Umwe mu bana bigiraho ingaruka yagize ati: "Iyo hari umwarimu uri buzemo dusanga isaha ye yatangiye twagiye kurya mu rugo hakazamo undi, imvura nayo itunyagira."
Umubyeyi nawe uri kubangamirwa n’icyi kibazo yagize ati: "Biri kutubangamira kuko umubyeyi arasabwa gutaha saa tanu kugira ngo ajye gushaka icyo Umwana arya."
umunyamakuru wa RBA yasanze mu bubiko bw’iryo shuri hasigayemo amavuta yo guyekesha gusa.
Umuyobozi w’iki kigo, Niyonsaba Justin, yavuze ko imisanzu abayeyi batanga yashize kandi n’ibyo akarere kohereza ku kigo byashize kare.
Abuga ko mu banyeshuri 921 hishyuriwe abanyeshuri 412 gusa.
Ati: "Akarere kazanye ibishyimbo, umuceri na kawunga, ariko byararangiye.
Ubuyobozi by’akarere ka Nyamasheke kakoze bwasanze atari iki kigo gusa ahubwo hari n’ibindi bigo bifite Ikibazo cy’ibiryo bike.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse, yavuze ko hari n’ibindi bigo bigiye kubura ibyo kurya burundu.
Ati: "Turatangura kureba uburyo ejo bazarya ndetse tunareba niba hari nk’ahandi Koko ushobora gusanga bagezaho na sitoke zishyira nk’aha. Ariko by’umwihariko muri uwo murenge hari umubare munini w’abaturage batari bishyura, turi bwongere gukorana inama n’abafatanyabikorwa b’imirenge twongere gushyiramo ingufu mu kumwisha abayeyi uruhare rwabo."
Ikibazo cy’ibigo by’amashuri birimo gushiranwa n’ibiryo by’abanyeshuri bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko kinafite umuzi kuri ba rwiyemezamirimo Bahawe amasoko n’uturere n’abo ntibishyurirwe igihe, kikiyongeraho n’imiryango ikennye itabasha kwishyurira umubare w’abana bose biga.


















