Umusore yakubitiwe mu rugo rw’abandi agirwa intere ubwo nyiri urugo yari amusanzw kwiha akabyizi ku mugore we, bihutanira kwa muganga atarashiramo umwuka.
Ni umusore usanzwe akora akazi k’ubushumba bw’inka, wagiye gusambana mu rugo rwo mu Mudugudu wa Nkiko mu kagari ka Kiruri mu Murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.
Uwahaye amakuru UMUSEKE dukesha aya makuru yavuze ko uwo musore yagiye mu rugo rw’abandi asambana n’umugore w’abandi.
Yagize ati: "Uwo mushumba bamusanze ari kwiha akabyizi baramukubita gusa yatakaga mu nda kandi uwo mugore yari yasinze.”
Umwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze yavuze ko yagiye kureba uwo mushumba asanga aryamye yambaye gusa agakabutura hasi, arebye haruguru abona igitenge.
Yavuze kandi ko abaturage bavugaga ko icyo gitenge ari icy’uwo mugore naho ibyo kuba basambanye atabyemeza.
Yakomeje avuga ko uriya mushumba ashobora kuba yakubiswe ariko nta gikomere yari afite kigaragara.
Ubuyobozi bwahise bumujyana aho yakoraga akazi k’ubushumba mu Mudugudu wa Murehe mu kagari ka Kiruri mu Murenge wa Mukingo nabwo mu karere ka Nyanza nubwo yafatiwe mu Mudugudu wa Nkiko muri kariya gace.
Uwakubiswe yahise ajyanwa ku kigonderabuzima cya Gatagara ngo yitabweho n’abaganga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukingo, Ange Kayigi, ntiyashimye kuvugisha umunyamakuru ngo atangaze ibyibazwa bindi kuri urwo rugomo, ku warukoze n’uwarukorewe.
























