Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyanza: Ishyaka Green ryahize guhindura imibereho ya Muganga

Thursday 27 June 2024
    Yasomwe na


Ku munsi wa Gatandatu wo kwegera abaturage n’abanyamuryango, umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Green Party of Rwanda), yahize ko abaturage nibaramuka bamugiriye icyizere bakabatora umushahara wa muganga uzazamuka.

Byatangajwe kuri uyu wa kane tariki ya 27 kamena 2024 ubwo umukandida Perezida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, yageraga mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza, intara y’Amajyepfo.

Umunyamabanga mukuru w’ishyaka rya Green Party, Hon.Ntezimana Jean Claude, akaba na kandida Depite w’iri shyaka yashimangiye ko hari byinshi bakoreye ubuvugizi birakorwa ariko ngo kuri iyi nshuro nibagirirwa icyizere bakayobora igihugu bazakora ibishoboka byose muganga azamurirwe umushara.

Yagize ati: "Ishyaka Green Party twakoze byinshi cyane birakorwa ariko turagira ngo muzaduhe amajwi n’ibindi tuzabikorere ubuvugizi; icyo dushize imbere muramutse mutugiriye icyizere, tuzahindura imibereho ya muganga; tumuzamurire umushahara kuko twavugiye abarimu, abasirikari n’abapolisi ndetse twatanze n’igitekerezo mu nteko cy’uko abana bajya barira ku ishuri, ibyo byarakozwe ubu abana ntibagisiba ishuri kubera ko Green Party yatanze icyo gitekerezo kandi cyagezweho."

Kandida Depite Gahamanyi Isaie nawe yaje yunze mu rya mugenzi we Ntezimana, yagarutse ku byo bakoze ndetse nibyo bateganya kuzakora mu gihe baramuka bagiriwe icyizere.

Yibukije abaturage b’i Nyanza ko batanze igitekerezo ku mikoreshereze y’ubwisungane mu kwivuza (Mutuel de sante), aho ngo mbere umuturage yamaraga ukwezi atemerewe kuyivurizaho kandi yarayishyuye, ngo ibyo byose ni Green Party yatanze icyo gitekerezo birahinduka.

Dr Frank Habineza yavuze ko 70% y’ibyo bari biyemeje gukora bashoboye kubigeraho, ndetse ngo abaturage nibongera kubatora hazakorwa byinshi birimo no kongeza muganga umushahara.

Yagize ati: "Ibyo twari twiyemeje gukora 70% twarabikoze, twakoze ubuvugizi ku barimu bongezwa umushahara, abana basigaye bafatira amafunguro ku ishuri kubera Green Party, nitwe twakoze ubuvugizi ku bwisungane mu kwivuza. Kera wamaraga ukwezi warishyuye ariko utemerewe kwivuza ibyo twakoze ubuvugizi birakemuka ubu ugura (Mutuel de sante )ugahita utangira kwivuza."

Yakomeje agira ati: "Turashaka ko ibitarakozwe byazakorwa mu gihe mwaramuka mutugiriye icyizere, twakoze byinshi hari abo twavugiye bongezwa imishahara nkuko bagenzi banjye bagiye babigarukaho, abaganga nabo bakwiye kongezwa umushahara, sindi bubigarukeho kuko 70% y’ibyo twari twiyemeje gukora byarakozwe, muzatore kuri Kagoma mubone ibisubizo byiza bibanogeye."

Mu bindi yagarutseho ni uko imipaka itagakwiye gufungwa, ahubwo igakomeza ikaba nyabagendwa kugira ngo abaturage bakomeze bahahirane, ubuzima bukomeze ndetse ngo ishyaka Green Party riramutse ritowe bazashyiraho ikigenga mpuzamahanga kizajya gifasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko no mu bindi bihugu ibyo byagiye bikorwa kandi ayo mafaranga yazajya akora ibikorwa byinshi.

Ibikorwa byo kwiyamamaza ku munsi wa karindwi bizakomereza mu turere twa Ruhango na Gisagara tariki ya 28 kamena 2024.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru