Wednesday . 22 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Nyuma y’imyaka 13 hamenyekane igihe isoko rya Rubavu rizuzurira

Monday 5 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Isoko rya Gisenyi ryatangiye kubakwa mu 2009 ariko risa n’iryananiranye kuzura kubera ibibazo bitandukanye birimo no kuba ryarashyizwe mu manza igihe kirekire ariko riza gusubira mu maboko y’akarere.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2021 nibwo Akarere ka Rubavu kagiranye amasezerano n’abikorera bo muri aka karere binyuze muri sosiyete yitwa RICO (Rubavu Investment Company) yo gukomeza kubaka iri soko.

Mu kiganiro n’itangazamakuru umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse yavuze ko mu mpera z’uyu mwaka wa 2022, mu kwezi k’Ukuboza, rizaba ryuzuye.

Yagize ati "Nibyo koko isoko rya kijyambere rya Rubavu rimaze igihe kirekire ryubakwa, kubera ibibazo bitandukanye, ariko ndizeza abaturage bacu ko mu kwezi kwa 12, rizaba ryuzuye tukaritaha. Ndetse nshishikariza abantu kuzaza guhita bafatamo ibibanza bagakoreramo."

Iyo urebye iri soko ubona ko imirimo yo kuryubaka igeze kure, ku buryo bitanga ikizero ko mu mpera z’uyu mwaka rizaba ryuzuye, cyane iby’ibanze byinshi byamaze gukorwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru