Umunyamabanga mukuru w’umuryango wo gutabarana w’Uburayi n’Amerika (OTAN/NATO) avuga ko uwo muryango urimo “gusuzuma” ibyavuzwe na Israel ko ubu Irani ifite ibisasu bya misile bishobora kurasa bikageza mu mirwa mikuru y’ibihugu by’i Burayi ku ntera ya kilometero 4000.
Ku wa gatandatu, ingabo za Israel (IDF) zavuze ko Irani ubu ifite misile zishobora kugeza i “London, Paris cyangwa Berlin”.
Umunyamabanga mukuru wa OTAN, Mark Rutte, mu kiganiro Face the Nation cy’igitangazamakuru CBS cyo muri Amerika, ku cyumweru, yavuze ko OTAN “ntishobora kubyemeza kuri ubu” – ariko yongeraho ko igihe byaba byemejwe ko ari ukuri byaba ari “gihamya yindi ko ibyo perezida [w’Amerika] arimo gukora (...) ari ingenzi cyane”.
Yagize ati: “Ibyo tuzi neza ni uko [Irani] bari hafi cyane yo kugira ubwo bushobozi”, ariko yongeraho ko “niba ibi ari ko bimeze ku kigo cya gisirikare cy’Ubwongereza, Diego Garcia, turacyarimo kubisuzuma.”
Ariko niba ari ukuri, “bivuze ko baba bafite ubwo bushobozi. Niba atari ukuri, turabizi ko bari hafi cyane yo kugira ubwo bushobozi”.
Ivomo:BBC















