Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ari wo wagabye igitero cy’utudege tutagira abaderevu (drones) ku kibuga cy’indege cyo mu mujyi wa Kisangani, mu ntara ya Tshopo, ugamije gutanga “ubutumwa bwo kuburira” ubutegetsi bwa Kinshasa.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Corneille Nangaa, uyoboye uyu mutwe, yashinje leta ya Congo gukoresha ikibuga cy’indege cya Kisangani nk’ahantu haherwa ibitero by’indege ku duce tugenzurwa na M23, avuga ko “ubudahangarwa” bw’icyo kibuga ubu “bwarangiye”.
Ubuyobozi bw’intara ya Tshopo bwo bwatangaje ko ku Cyumweru utudege umunani twa drones twari dutwaye ibisasu twagerageje gutera ikibuga cy’indege cya Bangoka mu mujyi wa Kisangani, ariko twose turaswa “tutaragera ku ntego mbi twari dufite”.
https://x.com/CNangaa/status/201880...
Ku ruhande rwa M23, bo bavuga ko muri ibyo bitero bashenye ikigo cyagenzurirwagamo indege za gisirikare zitagira abapilote kiri kuri icyo kibuga, bavuga ko cyari gikoreshwa mu gutegura “ibitero byibasira abasivile” mu duce twa Masisi, Walikale, Rutshuru, Minembwe n’ahandi.
Chadadi Habimana



















