Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

PEREZIDA W’U RWANDA PAUL KAGAME YAVUZE KO AFURIKA IKWIYE KUBANA NK’ABAVANDIMWE

Tuesday 20 May 2025
    Yasomwe na

Mu murwa mukuru w’u Rwanda i Kigali, hateraniye Inama Mpuzamahanga ku Mutekano wa Afurika, izwi nka International Security Conference on Africa (ISCA).


Ni inama yahuje abayobozi bakuru, impuguke n’inzobere mu by’umutekano zaturutse hirya no hiryo ku Isi.


Perezida Paul Kagame afungura inama ku mugaragaro.


Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa ISCA yashimiye byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, ku bw’uko yitabiriye iyi nama, anaha ikaze abari bayitabiriye bose, abifuriza ibiganiro byubaka kandi bifite akamaro.

Nyakubahwa Moussa Faki, Perezida w’Inama Ngishwanama ya ISCA, nawe yashimiye abateguye iyi nama, agaragaza ko umutekano ugomba gushyirwa ku isonga mu bikorwa bya Afurika, kandi ko umutekano n’iterambere bigenda bifatanye.


Mussa Faki Mahamat ageze ijambo ku bitabiriye inama ya ISCA.


Perezida Paul Kagame, mu ijambo rye, yashimiye Moussa Faki ku buyobozi bwe, anashimira abakuru b’ingabo n’abandi bose bitabiriye.

Yashimiye abashyitsi bitabiriye inama, abaha ikaze mu Mujyi wa Kigali, anashimira by’umwihariko abateguye iyi nama.

Mu magambo ye yagize ati: "Ibi bitangirira hano si inama gusa, ni umugambi uhamye wo guhindura uburyo Afurika igaragara ndetse n’uruhare rwayo mu biganiro mpuzamahanga ku mutekano."


Perezida Paul Kagame afungura inama ku mugaragaro.


Yakomeje avuga ko Afurika igomba kuva ku ruhande igafatanya nk’umufatanyabikorwa ushoboye kandi wizewe. Yagaragaje ko hari intego eshatu z’ingenzi zigomba kwitabwaho arizo;
Kwigira (Ownership): Afurika ntiyagombye kunenga, kwivanga kw’abanyamahanga mu bibazo byayo mu gihe ari yo ibyihamagarira.

Iyi nama yashimangiye ko umutekano wa Afurika ugomba gushingira ku bufatanye, kwishakira ibisubizo no kwigirira icyizere.

ANDI MAFOTO YARANZE IYO NAMA


Inama ya ISCA yateraniye muri Kigali Convention Center.


Abayobozi batandukanye bo mu Rwanda no mu mahanga bitabiriye iyi nama.


Umunyabanga mukuru wa OIF Louise Mushikiwabo nawe yitabiriye iyo nama.


Komiseri mukuru wa RCS , CG Murenzi Evariste mu nama ya ISCA.


Hamuritswe intwaro zikoreshwa n’ingabo zirwanira ku butaka.


Ibikoresho byitwa Night Vision bikoreshwa mu kureba nijoro.


Ibimodoka by’intambara by’umutamenwa bikorwa n’uruganda rwo muri Turkiya.


Imodoka y’intambara yitwa Cobra nayo ikorwa n’uruganda rw’abanyaturkiya.


Imyambaro yambarwa n’abasirikari ibarinda kwinjirwa n’amasasu nayo yaramuritswe.


Imbunda imwe mu zikorerwa mu Rwanda n’uruganda rwa Remco.


Princess Mugisha

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru