Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Perezida Bashir wa Sudani, utagamburuzwa n’imyigaragambyo, yegetse iyicwa ry’abigaragambya ku ’bacengezi’

Monday 21 January 2019
    Yasomwe na

Inzego z’umutekano zo muri Sudani zarashe imyuka iryana mu maso ku bigaragambya, mu gihe imyigaragambyo yo kwamagana Perezida Omar al-Bashir w’iki gihugu igeze mu kwezi kwayo kwa kabiri.

Ku cyumweru, Perezida Bashir yongeye gusubiramo ibirego byuko "abakozi" b’amahanga n’inyeshyamba zo mu ntara ya Darfur bari kwenyegeza iyi myigaragambyo y’abatavuga rumwe na leta.

Abategetsi bavuga ko abantu 26 ari bo bamaze kugwa muri iyi myigaragambyo, ariko imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko abarenga 40 ari bo bamaze kwicwa.

Iyi myigaragambyo yatangiye mu kwezi gushize ku ukuboza k’umwaka w 2018 ari iyo kwamagana izamuka ry’igiciro cy’umugati n’icy’ibikomoka kuri peteroli, ariko ubu yahinduye isura iba iyo kugaragaza uburakari bafitiye ubutegetsi bumaze imyaka 30 burangajwe imbere na Bwana Bashir.

Bwana Bashir w’imyaka 75 y’amavuko, ari ku butegetsi guhera mu mwaka wa 1989 - ubutegetsi yagezeho binyuze mu ihirika ry’ubutegetsi

Mu ijambo rye ryo ku cyumweru yavugiye mu majyepfo y’umurwa mukuru Khartoum, Bwana Bashir yegetse iyicwa ry’abigaragambya ku bo yise "abacengezi".
Amakuru avuga ko yavuze ko "hari abantu bamwe bari mu bigaragambya bari kwica abigaragambya".

Ku cyumweru, abigaragambya babarirwa mu magana bagerageje kwerekeza ku nteko ishingamategeko ya Sudani mu mujyi wa Omdurman. Bashakaga gutanga inyandiko ikubiyemo ubusabe bwuko Perezida Bashir yegura.

Abigaragambya bagerageje kwinjira ahakorera inteko ishingamategeko ya Sudani bashaka gutanga inyandiko ikubiyemo ubusabe bwuko Perezida Bashir yegura

Mu rugendo rwabo, bateraga hejuru bati, "ubwisanzure, amahoro n’ubutabera" - amagambo agize intero yabo - ndetse bakagira bati, "hirika ku butegetsi, hirika ku butegetsi".

Ariko polisi yabarasheho imyuka iryana mu maso byo kubatatanya, kandi amakuru avuga ko yanabirukankanye.

Ibiro ntaramakuru Reuters bitangaza ko imodoka 30 zitwaye abashinzwe umutekano bambaye imyenda y’akazi ibaranga ndetse n’abambaye imyenda isanzwe ya gisivile, ari bo boherejwe ahaberaga imyigaragambyo.

Hanavuzwe imyigaragambyo mu turere tubiri tw’i Khartoum - Burri iherereye mu burasirazuba na Bahari mu majyaruguru ya Khartoum.

Umuganga yiciwe mu bushyamirane bwabereye i Burri ku wa gatanu.
Impirimbanyi zivuga ko abasirikare ba leta ya Sudani barashe amasasu nyamasasu ndetse bagata muri yombi abigaragambya.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Sarah Jackson, wungirije umukuru w’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International mu karere k’Afurika y’iburasirazuba, yegetse ku nzego zishinzwe umutekano "ubwicanyi butagira gikumira".

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru