Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden yise mugenzi we w’Uburusiya Vladmir Putin "Umunyagitugu" ndetse amushinja ku mugaragaro gukora Jenoside muri Ukraine.
Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri mu ijambo yavugiye muri Leta ya Iowa ku bijyanye n’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bikomeje kubura ku isoko mpuzamahanga bigatuma ibiciro bizamuka, mu mvugo ye Biden yagejeje aharenze ah’undi muntu uwo ari we wese wo mu butegetsi bwe yari yarageze mbere yaho mu kuvuga ku bwicanyi bwakorewe abasivile muri Ukraine.
Abategetsi bo muri Amerika hashize igihe bashinja Uburusiya gukora ibyaha byo mu ntambara, ariko kugeza ku munsi wo ku wa kabiri nta n’umwe muri bo wari warigeze yerura ngo yite ubwo bwicanyi "Jenoside".
Mbere, Uburusiya bwahakanye ibirego by’ibyaha byo mu ntambara, buvuga ko ari "amakuru y’ibinyoma".
BBC yanditse ko nyuma y’ijambo rye, Biden yabwiye abanyamakuru ati: "Rwose kuri jyewe bisa nkaho ari Jenoside".
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko ubwicanyi bwakorewe abaturage b’abasivile mu mujyi wa Bucha uri hafi y’umurwa mukuru Kyiv bwatumye mu mahanga henshi haba gushinja Uburusiya ibyaha byo mu ntambara ari "Jenoside ya nyayo".
Abasivile mu mugi wa Bucha barishwe imirambo yuzura imihanda yose
Mbere yaho ku wa kabiri, Perezida Zelensky yavuze ko izindi mva zahambwemo abantu mu kivunge zirimo gutahurwa "hafi buri munsi" mu turere mbere twari twarigaruriwe n’Uburusiya.
















