Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Perezida Doumbouya yasheshe Guverinoma

Tuesday 20 February 2024
    Yasomwe na

Perezida wa Guinea Conakry, Col Mamady Doumbouya yasheshe Guverinoma, ni ukuvuga abaminisitiri, avuga ko baza gushyiraho indi nshya.

Byatangajwe na Perezidansi y’iki gihugu.

Umunyamabanga Mukuru muri Perezidansi ya Guinea Conakry, Amara Camara, ejo kuwa Mbere yatangaje mu buryo butunguranye ko Guverinoma yasheshwe, ariko ntiyavuga impamvu y’iryo seswa.

Mu mashusho yanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga za Perezidanse ya Guinea, Amara yavuze ko abayobozi barimo abanyamabanga bakuru ba Leta n’abungirije, aribo bazakomeza imirimo yakorwaga n’Abamisitiri kugeza igihe hazagiraho indi Guverinoma nshya.

Guinea Conakry imaze igihe kiyobowe n’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwari buriho, kuva mu kwezi kwa Nzeri mu mwaka wa 2021.

Umuryango w’Ubukungu wo mu Karere ka Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO), umaze igihe wotsa igitutu ubutegesti bw’igisirikare usaba ko butegura amatora bidatinze, bugasubizaho ubutegetsi bw’abasivili.

Tariki 22 Ukwakira 2022, impande zombi zemeranyijwe ko inzibacyuho izamara amezi 24 gusa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru