Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida Doumbouya yasheshe Guverinoma

Tuesday 20 February 2024
    Yasomwe na

Perezida wa Guinea Conakry, Col Mamady Doumbouya yasheshe Guverinoma, ni ukuvuga abaminisitiri, avuga ko baza gushyiraho indi nshya.

Byatangajwe na Perezidansi y’iki gihugu.

Umunyamabanga Mukuru muri Perezidansi ya Guinea Conakry, Amara Camara, ejo kuwa Mbere yatangaje mu buryo butunguranye ko Guverinoma yasheshwe, ariko ntiyavuga impamvu y’iryo seswa.

Mu mashusho yanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga za Perezidanse ya Guinea, Amara yavuze ko abayobozi barimo abanyamabanga bakuru ba Leta n’abungirije, aribo bazakomeza imirimo yakorwaga n’Abamisitiri kugeza igihe hazagiraho indi Guverinoma nshya.

Guinea Conakry imaze igihe kiyobowe n’abasirikare bahiritse ubutegetsi bwari buriho, kuva mu kwezi kwa Nzeri mu mwaka wa 2021.

Umuryango w’Ubukungu wo mu Karere ka Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO), umaze igihe wotsa igitutu ubutegesti bw’igisirikare usaba ko butegura amatora bidatinze, bugasubizaho ubutegetsi bw’abasivili.

Tariki 22 Ukwakira 2022, impande zombi zemeranyijwe ko inzibacyuho izamara amezi 24 gusa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru