Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Perezida Kagame na madamu bitabiriye isabukuru ya Tito Rutaremara

Sunday 24 November 2024
    Yasomwe na

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bifatanyije na Tito Rutaremera n’umuryango we mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 80 amaze avutse.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, ku rubuga rwayo rwa X, byatangaje aya makuru, byandika bigira biti: "Kuri uyu mugoroba i Kigali, Perezida Kagame na Madamu Jeanette Kagame, bifatanyije na Tito Rutaremera n’umuryango we mu kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 80 amaze avutse".

Uyu mukambwe w’inararibonye mu mateka y’u Rwanda, akaba anayoboye akanama k’Inararibonye z’igihugu, yagize uruhare runini mu mateka y’u Rwanda, aho ari umwe mu bamaze igihe kirekire muri politiki yarwo. Azwi cyane kubera uruhare rwe mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ndetse yagize n’umusanzu ukomeye nyuma na nyuma yaho kugeza n’ubu agihumeka.

Mu mirimo y’ubuyobozi Tito Rutaremara yakoze, harimo kuba umwe mu bari bagize Inteko y’Inzibacyuho hagati ya 1994 na 2000, umwanya yavuyemo ajya kuyobora Komisiyo yari ishinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko kuva mu 2000 kugera mu 2003 nkuko IGIHE cyabyanditse.

Yabaye kandi Umuvunyi Mukuru wa mbere mu mateka y’u Rwanda, umwanya yariho hagati ya 2003 na 2011. Muri izo nshingano, yagize uruhare rufatika mu gukangurira abaturage n’inzego z’ubuyobozi kurwanya ruswa no kwimakaza imiyoborere myiza.

Mu 2011, Muzehe Rutaremara yabaye Umusenateri mbere yo guhabwa inshingano zo kuyobora Urwego rw’Inama Ngwishwanama mu 2019.

Rutaremara kandi azwiho kuba umunyabwenge w’imitekerereze n’inyigisho zijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge, akaba n’umwe mu bakunze kuvuga ku mateka n’imigambi RPF-Inkotanyi yagenderagaho mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru