Thursday . 23 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Perezida Kagame yahaye umwanya Mpayimana muri Minisiteri y’Ubumwe "MINUBUMWE"

Friday 12 November 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Perezida Kagame yahaye umwanya Mpayimana Philip w’Impuguke nkuru ishinzwe uruhare rw’abaturage (Senior Expert in charge of Community Engagement) muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu.

Mpayimana ni umunyapolitiki wigenga ukorera politiki ye mu Rwanda, bitandukanye n’abiyitaga abanyapolitiki bakayikorera hanze nk’uko nawe yahoraga yitandukanya nabo.

Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Ugushyingo 2021, mu bayobozi bashya bahawe imirimo harimo na Mpayimana Philip.

Uyu Mpayimana ni Kandida Perezida wigenga mu matora ya Perezida yabaye mu 2017 aho yabonyemo amajwi 0.59%, yaje arusha amajwi Umukandida w’Ishyaka Green Party, Dr. HABINEZA Frank wagize 0.51% mu gihe amatora yegukanywe n’Umukandida ari nawe Perezida Kagame Paul.

Twakibutsa ko Bwana Mpayimana Philip ari we Mukandida Perezida mu 2017 watangaje bwa Mbere ko nk’Umukandida wigenga yemeye ko yatsinzwe amatora nyuma y’imibare y’agateganyo ya komisiyo y’igihugu y’amatora, aho yari yagizemo 0.72%, uwari umukurikuye FrankHabineza agira 0.42% naho Perezida Kagame yagize 98.66%.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru