Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere, Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Urubyiruko, Umuco, na Siporo mu Burundi, Amb. Ezéchiel Nibigira wari umuzaniye ubutumwa bwa mugenzi we Perezida Ndayishimiye Evariste.
Ibiro by’umukuru w’igihugu binyujije ku rukuta rwa Twitter byanditse ko iri tsinda ryagejeje kuri Perezida Kagame ubutumwa bwa Perezida Évariste Ndayishimiye.
“Ibiganiro byibanze ku gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.’’
Ibi biganiro byitabiriwe n’abarimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Biruta Vincent n’Umuyobozi ushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Vincent Nyakarundi.
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi wajemo agatotsi kuva mu 2015, ubwo nyakwigendera Nkurunziza Pierre yari ku butegetsi akiyamamariza manda itaravuzweho rumwe, abatarayishakaga bayita iya Gatatu mu gihe we yayitaga iya kabiri.

















