Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho abajyanama batandatu mu bazaba bagize Inama.Njyanama y’Umujyi wa Kigali.
Ni umubare w’Abajyanama ashyiraho, yemererwa n’itegeko no 22/07/2019 rigenga umujyi wa Kigali, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 11.
Gusa mu itangazo rishishikariza abashaka gutanga kandidature mu kujya muri njyanama y’umujyi wa Kigali hasobanuwe kenshi ko abajyanama 6 ari bo baturuka mu turere 3 tugize umujyi wa Kigali, ni ukuvuga umugabo n’umugore muri buri karere ndetse n’abajyanama batanu bashyirwaho na perezida wa Repubulika, mu gihe kuri iyi nshuro atanze 6.
Kugeza ubu abajyana b’Umujyi wa Kigali bari bataratorwa, nyuma yuko Komisiyo y’igihugu y’amatora itangaje ko tariki ya 16 Kanama hagiye kuba amatora yo gushaka abajyanama babiri muri buri karere muri dutatu tugize umujyi wa kigali ariko ku munsi w’amatora igikorwa ntikibe gusa hatangwa itangazo riyasubika.
Haje kumenyekana ko bishobora kuba byari bibusanye n’uko ibikorwa byo gutora Njyanama y’umugi byari gukurikirana, kuko hari kubanza kuboneka abajyanama batanzwe n’Umukuru w’igihugu hakabona gushakwa nyuma n’abahagararira uturere tugize kigali, batorwa mu baturutse mu mirenge.
Mu bajyana 6 Perezida yatanze harimo n’uwahoze ari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Bwana Dusengiyumva Samuel, ingingo ishobora kumuha amahirwe yo kongera kuyobora umujyi mu gihe inteko itora nayo yamugirira icyizere nk’icyo umukuru w’igihugu yongeye kumugirira.
Abajyanama batanzwe na Perezida Kagame
Kajenjeri Mugenzi
Biteganyijwe ko mu gihe abajyanama 11 bagize inama njyanama y’umujyi wa Kigali bazaba babonetse bazitoramo bureau y’inama njyanama na Komite nyobozi y’umujyi wa Kigali bityo hakongera kumenyekana umuyobozi n’abamwungirije mu mujyo wa Kigali.
Samuel Mutungirehe






















