Hon. Bamporiki Edouard, wahagaritswe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa Kane, yanditse ubutumwa yemera icyaha cyo kwakira indonke anasaba imbabazi umukuru w’Igihugu.
Uyu mugabo kuri ubu ufungiye iwe mu rugo mu gihe hakorwa iperereza, yasabye imbabazi mu butumwa yacishije ku rukuta rwe rwa Twitter, avuga ko yumva nta jambo agifite ku byo yakoze usibye gusaba imbabazi gusa.
Bwana Bamporiki yahagaritswe muri Guverinoma ahita anatangira gukurikiranwaho akaba icyaha cya ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo nkuko RIB yabitangaje.
Perezida Kagame yasubije
Bamporiki akimara gushyiraho ubwo butumwa, uwitwa Yumva Jean Paul, uzwi nk’Umuhuzabikorwa w’Inama y’igihugu mu karere ka Kamonyi, yamuhaye imbabazi, amusaba kutongera gukora ibisa bityo.
Mu minota irenga nka 20 Perezida Kagame yavuze ko ibyo Yumva avuga ari byo ariko yibutsa usaba imbabazi ko bidakwiye kuba ibyo guhora hasabwa imbabazi.
Perezida Kagame yagize ati, "Ibyo uvuga wowe bifite ishingiro. #Kutongera gukora ibisa nkibyoyakoze bibi. Bitaruguhora mubibi ugahora usaba kubabarirwa! Ibya Bamporiki niko bimeze. Hari nabandi bameze gutyo. Umuntu wese yakora icyaha ariko nokukirinda birashoboka. Guhanwa nabyo birafasha !!!"
















