Perezida Paul Kagame yavuze icyo abona cyahagarika ibibazo biri muri DRCongo mu buryo bwa burundu.
Yabigangaje mu nama yahuje abakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC) ku wa 24 Werurwe 2025, hifashishijwe ikoranabuhanga.
Ni inama yari igamije kwemeza imyanzuro yafashwe n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’ab’ingabo bo muri iyi miryango, irebana no kugarura amahoro n’umutekano birambye mu Burasirazuba bwa RDC.
Mu magambo ye yagize ati: “Niba ushaka ko intambara irangira, uhagarika akarengane, ukemura ibibazo bya politiki bitari ku bantu bawe gusa, ahubwo no ku bandi, barimo n’abaturanyi, bireba.”
Perezida Kagame yagaragarije bagenzi be ko u Rwanda rwitaye ku mutekano warwo kandi ko ibishobora kuwuhungabanya bigomba gukemurirwa mu murongo ukemurirwamo ibibazo by’ibindi bihugu nka RDC.
Ati “U Rwanda ruracyatewe impungenge n’ibyabangamira umutekano warwo, kandi bikwiye gukemurirwa mu murongo wo gukemura ibibazo by’ibindi bihugu nka RDC. Iyo tuvuga ubwigenge n’ubusugire, bugomba kuba ubwa buri gihugu. Buri gihugu gikwiye kubahirwa ubusugire n’ubwigenge.”
Avuga ku musaruro uri kuva mu buhuza buri gukorwa ku kibazo cya DRC, Perezida Kagame yagaragaje ko hari intambwe imaze guterwa ndetse ahamagarira impande zose kugira uruhare mu nzira igana ku mahoro arambye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Inama ya EAC na SADC yasoje yemeje abahuza batanu mu kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba; ari bo Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Kgalema Motlanthe wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo, Catherine Samba Panza wayoboye Centrafrique na Sahle-Work Zewde wabaye Perezida wa Ethiopia.
Samuel MUTUNGIREHE






















