Ubutegetsi bwa Kremlin bwamaganye bwivuye inyuma igitekerezo cyo kohereza ingabo z’Amahanga muri Ukraine kugirange zitange ubwishingizi bw’umutekano kuri icyo gihugu, nkuko bitangazwa n’ibinyamakuru bya leta mu burusiya.
Ibi bije bikurikira ibyatangajwe na Perezida Emmanuel Macron wavuze ko ibihugu bisaga 26 byo mu muryango w’ubumwe bw’ubulayi byemeye kuzohereza imitwe y’ingabo zirwanira ku butaka, mu kirere no mu mazi muri Ukraine nyuma y’umunsi umwe agahenge kemejwe.
Ibi byabaye nyuma y’inama y’ibihugu 35 yiswe "Coalition of The Willing" aho na perezida Macron yemeje ko Amerika nayo ishyigikiye uwo mugambi ndetse ko nayo hari ibyo izafasha mu kubishyira mu bikorwa.
Mu minsi ishize Perezida Donald Trump yatangaje ko Amerika ishobora kuzatanga ubufasha bwo mu kirere, ndetse na perezida Zelensky yemeje ko yaganiriye na Trump agashimagira ko yiteguye gufasha Ukraine kurinda ikirere cyayo ku buryo bwuzuye.
Gusa icyizere cyo kugera ku mahoro gisa naho cyaraje amasinde nyuma yo guhura kwa Perezida Putin na Trump muri Alaska mu kwezi gushize.
Ikindi bemeje nuko Ibihugu bisaga 27 bigize umuryango w’ubumwe bw’ubulayi bizaba byahagaritse gutumiza ibikomoka kuri Peteroli byaguraga mu burusiya mu mwaka wa 2027 aho uburusiya bumaze kwinjiza arenga Miliyari 1.3 y’amadolari mu gihe cy’umwaka umwe biguzwe n’ibihugu byo mu muryango w’ubumwe bw’ubulayi; nubwo imibare ya nyayo iri hejuru yiyo.
Ubutegetsi bwa Moscow bwo bukomeje gushimangira ko nta ngabo z’ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi zigomba kuza muri Ukraine nk’inshungu y’ubwishingizi bwayo mu bijyanye n’umutekano, nabyo byamaganwa na Kiev ndetse n’abafatanyabikorwa bayo.
Minisitiri w’intebe w’ubwongereza Keir Starmer yemeje ko kuri ubu hari ubufatanye budasanzwe buri kuranga abo mu burengerazuba bw’isi bushyigikiye Ukraine kandi bakaba bashyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ndetse ko bagomba gushyira igitutu ku burusiya bugahagarika intambara muri Ukraine.
Perezida Macron yemeje ko nubwo ibiganiro byasaga nkaho biri kugana aheza ariko Uburusiya bwakomeje kohereza abasirikari muri Ukraine mu mirwano ndetse bunagerageza kwigarurira ibindi bice byinshi.
Ukraine n’abayifasha batangaza ko bizeye ko uburusiya bugomba kubanza guhagarika intambara mbere y’uko hemezwa ibindi biganiro bizaganisha ku mahoro arambye nubwo bivugwa ko uburusiya bwo butabikozwa.
Tariki 24 Gashyantare 2022 nibwo Uburusiya bwafashe icyemezo cyo Kugaba ibitero kuri Ukraine nyuma y’imirwano yari imaze imyaka isaga 8 iba hagati ya Ukraine n’inyeshyamba zishyigikiye Uburusiya mu bice bya Donetsk na Luhansk yatangiye kuva mu mwaka wa 2014 nyuma y’impinduramatwara yiswe Maiden yasize Victor Yanoukovitch akuwe ku butegetsi agahungira mu Burusiya.
























