Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Perezida Putin yagiye kwirebera uko ingabo ze zagize Ukraine

Monday 20 March 2023
    Yasomwe na

Bitunguranye Perezida W’Uburusiya Vladimir Putin yagaragaye mu Mujyi wa Mariupol wo muri Ukraine, umwe mu Migi imaze kwigarurirwa n’ingabo ze kuva zatangira gusenya Ukraine.

Ibitangazamakuru bya Leta mu Burusiya byatangaje ko Perezida, Vladimir Putin yasuye atunguranye umujyi wa Mariupol wo muri Ukraine, washegeshwe n’intambara ariko ugwa mu maboko y’ingabo ze.

Amashusho agaragaza Perezida Putin atwaye imodoka mu muhanda, ndetse aganira n’abaturage.

BBC ivuga ko hataramenyekana igihe amashusho yafatiwe.

Gusa ibitangazamakuru bindi bivuga ko uruzinduko rwa Perezida Putin mu mujyi w’icyambu wa Mariupol rwabaye ku wa Gatandatu.

Nibwo bwa mbere Perezida Putin asuye ibice ingabo z’Uburusiya zigaruriye kuva intambara yatangira muri Ukraine mu kwezi kwa Gashyantare, 2022.

Perezida Putin kandi ngo yahuye n’abayobozi b’ingabo ze mu mujyi wo mu Burusiya wegereye Mariupol witwa Rostov-on-Don.

Ibiro ntaramakuru Tass news agency bivuga ko Putin yagiye muri uriya mujyi wo muri Ukraine akoresheje kajugujugu.

Amafoto agaragaza Perezida Putin aganira n’abaturage

Amashusho yafashwe agaragaza Perezida Putin ari kumwe na Visi Minisitiri w’intebe, Marat Khusnullin, amusobanurira uko barimo kongera kubaka uriya mujyi wasenywe bikomeye n’intambara.

Putin yanasuye ahantu h’imyidagaduro hitwa Philharmonic Hall, aha niho Uburusiya bwagennye ngo hacibwe imanza bamwe mu barindaga agace k’inganda kanini cyane kitwa Azovstal hatunganyirizwa zahabu n’ibindi byuma.

Benshi mu baharindaga barwana n’ingabo z’Uburusiya byarangiye bamanitse amaboko bafatwa mpiri.

Mariupol ni umujyi umaze hafi umwaka uri mu maboko y’Ubursiya, Ukraine ivuga ko mu ntamabara haguye abantu 20,000.

UN yo mu bushakashatsi bwayo igaragaza ko inyubako hafi 90% zangiritse, naho mu baturage bagera ku 500,000 bari bahatuye mbere y’intambara, 350,000 barahunze.

Hari abaturage batuye muri uriya mujyi babwiye BBC ko Uburusiya burimo gushaksiha amafaranga menshi yo gusana no kongera kubaka uriya mujyi kugira ngo bwigarurire imitima yabo, ndetse no kwigarurira uwo mujyi.

Uburusiya buvuga ko Mariupol ubu irimo abaturage 300,000.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru