Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida Trump mu mayira abiri ku kugaba ibitero kuri Iran

Wednesday 28 January 2026
    Yasomwe na

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko andi mato y’intambara ya Amerika ari mu nzira ajya hafi ya Iran, anagaragaza icyizere ko Tehran ishobora kugera ku bwumvikane na Washington.

Trump yabitangaje mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yasabaga ko Amerika ihagarika ibyo yise iterabwoba rikorwa kuri Iran.

Mu byo yatangaje, Trump yavuze ko amato akomeye y’ingabo za Amerika ari mu rugendo ajya mu gace gaherereyemo Iran, kandi agaragaza icyizere cy’uko impande zombi zizashobora kumvikana.

Ku wa gatatu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigomba guhagarika iterabwoba niba zifuza ko ibiganiro byatanga umusaruro, nyuma y’uko Trump avuze ko bishoboka ko ingabo za Amerika zagira icyo zikora muri Iran.

Araqchi yashimangiye ko ibiganiro bidashobora kugenda neza mu gihe Amerika ikomeje gukoresha iterabwoba no gushyira imbere ingingo zikomeye bikabije.

Amakuru agera kuri CNN avuga ko Perezida Trump akiri mu gikorwa cyo gusuzuma amahitamo atandukanye ku byerekeye ibikorwa Amerika ishobora gufatira Iran.

Nk’uko itangazamakuru ryo muri Amerika, Israel n’ibihugu by’Abarabu ribitangaza, ubuyobozi bwa Amerika bufite ibintu bitatu by’ingenzi buhera ku biganiro na Tehran: guhagarika ikungahara rya uranium, kugabanya ubushobozi bwa misile zirasa kure, no guhagarika inkunga ihabwa imitwe yitwaje intwaro.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru