Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yavuze ko ibitero by’Uburusiya ku gihugu cye ari "iyicarubozo ku gihugu cyose".
Yabitangaje mu kiganiro yahaye CBS News mu ijoro ryo ku cyumweru, yavuze ko abaturage ba Ukraine barimo kurimburwa n’Uburusiya.
Abajijwe niba ibyo bikorwa bigize jenoside, yasubije ati: "Mu by’ukuri, iyi ni Jenoside. Kurimbura igihugu cyose n’abagituye. Turi abaturage ba Ukraine. Dufite ab’ubwenegihugu burenga 100.
"Ibi ni ukwica no kurimbura ubwo bwenegihugu bwose."
Mu yindi video yasohotse nyuma nijoro, Zelensky yavuze ko "umuntu wese uhamwa n’ibi byaha azashyirwa mu Igitabo cy’Abicanyi, azashakishwa agahanwa."
Abasivile bagera ku 3,500 barakomeretse abandi arapfa
Ibiro by’uburenganzira bwa muntu by’Umuryango w’Abibumbye (ONU/UN) byatangaje ko abasivile bagera ku 3,455 bakomeretse cyangwa bagapfa muri iyi ntambara.
Iri shami rya UN rivuga ko muri abo abarenga 1,400 bapfuye naho 2,000 bagakomereka.
Iyo mibare ariko ni ikigereranyo cyo hasi kandi ONU ivuga ko imibare nyayo ishobora kuba irenze iyi.
Ahishwe hakanakomereka benshi kugeza ubu ni mu duce twa Donetsk na Luhansk mu burasirazuba, aho Uburusiya burwanira ko utu duce twemerwa nka leta zigenga.
Source: BBC Gahuza















