Mutungirehe Samuel
Perezida Jovenel Moise wayoboraga Haiti kuva mu 2016 yiciwe iwe mu rugo arashwe.
Urupfu rw’uyu mukuru w’igihugu wari ukiri muto ku myaka 58 rwemejwe na Minisitiri w’Intebe w’agateganyo mu itangazo yashyize hanze muri iki gihugu.
Iryo tangazo rikomeza rivuga ko umugore we yakomerekejwe n’isasu ariko ubu ari kwitabwaho mu buryo bwose bushoboka.
Indi nkuru y’Umukuru w’Igihugu yaherukaga kumvikana ni iy’uwahoze ari Perezida wa Idriss Déby Itno Itno, tariki ay 20 Mata 2021 waguye ku rugamba arwana n’abatarashakaga ko akomeza kuyobora manda nshya yari amaze igihe atorewe.

















