Kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, ari bugeze ijambo ku Kanama ka Loni (Unated Nation) gashizwe Umutekano, aho ari bugaragaze ubugome bw’ingabo z’Uburusiya zakoze mu ntambara zashoye ku gihugu cya kizira gushaka kujya mu muryango NATO.
Ari bugagaraze kandi ibijyanye n’imirambo y’abaturage b’Abanya-Ukraine yabonetse mu mugi wa Bucha uri hafi y’Umurwa mukuru Kyiv, ingabo z’Uburusiya ni zo zishinjwa kwica abo basivile.
Kugeza ubu Uburusiya buhakana ibyo birego, Perezida Vladmir Putin akavuga ko amashusho yagaragajwe y’ubwo bwicanyi yafashwe mu buryo busa no gukina film, atari ukuri.
Putin Vladmir
Umuyobozi mukuru w’Ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu, Madam Michel Bachelet Verónica Michelle Bachelet Jeria nawe ufite ikicaro muri uwo mugi wa Bucha yavuze ko ibyakorewe muri uwo mugi birenze ukwemera, asaba ko habaho gusigasira ibimenyetso kugira ngo iperereza rizashobore gukorwa neza ndetse n’ibihano bizashobore gufatwa.
Hagati aho, Ubufaransa n’Ubudage byatangaje ko hari abadipolomate b’Uburusiya bagiye guhambirizwa ku butaka bw’ibyo bihugu.
















