Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ku wa kane tariki ya 5 Mutarama 2023, mu masaha y’ikigoroba mu karere ka Musanze haturutse inkuru y’incamugongo ko Ndamiyabo Ferdinand wari umukozi muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yitabye Imana nyuma kugwa mu nzu isanzwe ikorerwamo imyitozo ngororamubiri, ahazwi nko kwa Mujomba (Up town GYM).
Yari mugabo w’imyaka 41 wari ushinzwe kuyobora ba mukerarugendo (Guide), bivugwa ko yuriye imashini yo kwiruka kubera umuvuduko yari iriho, imukubita hasi batabaye ageze kwa muganga basanga yashyizemo umwuka.
Ni amakuru yemejwe n’umuvuzi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Alex Ndayisenga.
Yagize ati: "Yikubise hasi biturutse ku muvuduko mwinshi imashini yari ifite, kuko umuvuduko wari ku gipimo cya gatatu."
SP Alex Ndayisenga yaboneyeho kugira inama abasanzwe bakoresha imyitozo ngororamubiri muri za Gym kujya basobanurira abantu bahageze ari bashya kugira ngo hatagira ukora
impanuka nk’izi.
Twagerageje gushaka kuvugisha ubuyobozi bw’iyi nzu ya Uptown GYM kugira ngo tubababaze niba bafite uburyo bafasha ababagana mu gukora siporo ntibababoneka kuri Telefone ngendanwa.
Gusa amakuru mamaurwagasabo yamenye ni uko ba nyiriyi GYM nta bwishingizi bafitiye ababagana. Turacyakomeje gukurikirana iby’iyi mpanuka.
Biteganijwe ko nyakwigendera ashingurwa uyu munsi mu irimbi rya Gacaca.


















