Abataramenyekana bishe umukobwa w’imyaka 27 wacuruzaga urwagwa mu Karere ka Rusizi.
ku isaha ya saa munani z’urukerera (2h00) rwo kuri uyu wa kabiri zishyira kuwa wa Gatatu tariki ya 24 Nyakanga 2024 mu Mudugudu wa kabeza, Akagari ka Gihundwe, Umurenge wa Kamembe, nibwo Niyonsenga Dianne bivugwa ko akomoka mu karere ka Huye yaraye yiciwe.
Ikinyamakuru Mamaurwagasabo cyamenye ibyaya makuru mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu aho ngo irondo ry’umwuga ryatabaye ryumvise umuntu atakira kuri ako Kabari, rigezeyo risanga yamaze gushiramo umwuka.
Iyakaremye Jean Pierre, umunyamabanga Nshingwabiko w’Umurenge wa Kamembe, yadutangarije ko ubwo irondo ryatabaraga ryahuye n’umwe mu bakekwa kugira uruhare muri ubwo bugizi bwa nabi.
Ati: “Nibyo, saa munani z’ijoro umuntu yatatse, irondo ritabaye rihura n’umusore witwa Ngabirinze Eraste avuye muri ako kabari k’urwagwa n’ibindi binyobwa kakoreragamo. Umukobwa witwa Niyonsenga Dianne w’imyaka 27 y’amavuko ukomoka i Huye basanga yapfuye. Birakekwa ko yishwe, Eraste yatawe muri yombi na RIB”.
Gitifu Iyakaremye mu butumwa bwe yasabye abaturage kwirinda ubusinzi, kwicungira umutekano no kumenya abo bagendana nabo n’igihe bagomba gutahira.
Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru umurambo wa Nyakwigendera wari utarashyingurwa, icyakora urabanza ujyanwe kubitaro bya Gihundwe, ni mugihe iperereza ryatangiye ngo hamenyekane byinshi kuri uru rupfu.
Ntakirutimama Alfred


















