Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

Red-Tabara yarashe ku ngabo z’u Burundi ihitana bamwe

Monday 26 February 2024
    Yasomwe na

Abarwanyi b’Umutwe w’inyeshyamba wa Red-Tabara bateye igitero ku ngabo z’u Burundi bahitana bamwe, babohoza intwaro banasenya Ingoro y’Ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD

Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Gashyantare 2024 ku birindiro bibiri by’ingabo z’u Burundi.

Imirwano yaguyemo abasirikare batandatu b’u Burundi nk’uko byigambwe na RED-Tabara.

Hafashwe kandi imbunda n’amasasu menshi n’ibindi bikoresho by’igisirikare cya Leta.

Mu butumwa bwo kuri X, Red-Tabara yavuze ko ibyo bitero bigamije kugamburuza ubutegetsi bwa Ndayishimiye bwanze inzira y’ibiganiro.

Iyi mirwano yangije kandi bikomeye ingoro y’ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi.

RED-Tabara yaherukaga kugaba igitero mu Burundi mu mpera z’umwaka ushize.

Ni igitero cyabereye muri Vugizo, hafi y’umupaka na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, aho Leta yemeje ko cyaguyemo abantu 20.

Igisirikare cy’u Burundi ntacyo kiratangaza kuri iyi mirwano yo mu ijoro ryo ku Cyumweru.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru