Kuri uyu wa Gatatu abanyeshuri basaga 60 biga mu ishuri ribanza rya Pfunda, mu mu murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu bajyanywe ku kigo nderabuzima igitaraganya, nyuma yo gufata amafunguro akabagwa nabi.
Abatetse bino biryo, bitwa Ndatimana Ernest na Dukuze Nsabimanaa, ngo nyuma yo kubona ibi biryo biguye nabi aba banyeshuri, bahise batotoka, bakaba bari bagishakishwa n’inzego z’umutekano.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yahamije aya makuru, ko hari abanyeshuri bajyanywe kwa muganga nyuma yo gufata amafunguro.
Ati: “Ni byo bariye ifunguro rya saa sita bamererwa nabi, ariko bahise bihutanwa kwa muganga ngo bitabweho”.
Mulindwa kandi yavuze ko n’ubuyobozi w’iki kigo, aba banyeshuri bigaho yitabye urwego rw’ubugenzacyaha kubyo rushaka kumubaza mu iperereza ry’ibanze.


















