Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Rubavu: Harashwe uwarwanyije inzego z’umutekano yinjiza magendu

Thursday 4 April 2024
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo uri uyu wa Kane mu kagari ka Busigari, mu murenge wa Rubavu, mu karere ka Rubavu, harasiwe umuturage witwa Maniragaba Emmanuel, bivugwa ko yageragezaga kwinjiza magendu ahangana n’inzego z’umutekano z’u Rwanda ahita ahasiga ubuzima.

Ubuyobozi bwavuze ko yarashwe ubwo yari ari mu bikorwa by’ubucoracora, (kwinjiza magendu) aturutse mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byatangajwe n’ubuyobozi muri kano karere.

Bamwe mu baturage baganiriye n’umunyamakuru wa Mamaurwagasabo, bagaragaje agahinda ndetse n’umujinya bagize
biturutse ku rupfu rw’uyu nyakwigendera. Bavuga ko inzego z’umutekano basanzwe babanye neza bityo zitagakwiye kuba zihutira gukora mu mbarutso.

Hari abaturage badatinya kuvuga ko uwarashwe atari mu bucoracora nubwo ubuyobozi butabivugaho rumwe n’abo.

Ibyo abaturage bavuga byose, mu gahunda n’amagambo menshi, Umuyobozi w’akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacific we yemeje ko uyu muturage yari mu bikorwa bitemewe by’ubucoracora, aboneraho gusa abaturage kwirinda kubyijandikamo.

Ati: "Ntabwo yari wenyine, yari kumwe n’abandi birutse bari bikoreye ibyo bacoraga, iyi nkuru twayimenya mu masaha y’ijoro ko hari abacoracora. Bari bavuye muri Congo, nibyo bari bikoreye birahari, ibyagaragaye n’imifuka igera ku icumi ya caguwa, twaje rero ngo hakorwe iperereza, harimo no guhumuriza abaturage, ariko ubutumwa bw’ingenzi, bukomeye ni ukubabwira ko igikorwa cyo gucora mu byukuri atari igikorwa ubuyobozi dushyigikiye, gikomeza gushyira ubuzima bwabo mu kaga".

Yanemeje ko uyu warashwe yagerageje ku rwanya inze zishinzwe umutekano ngo aho yanatemye imbunda y’umwe mu basirikare.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru