Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rubavu: Hateguwe imurikagurisha rizanagurishirizwamo imodoka

Wednesday 18 December 2024
    Yasomwe na


Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba, rwateguye imurikagurisha riteganyijwe ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu, rizamurikirwamo ibicuruzwa bitandukanye birimo n’imodoka.

Iri murikagurisha, biteganyijwe ko ritangira kuri uyu wa Gatatu, ku itariki 18 kugeza 29 Ukuboza 2024. Byitezwe ko rizitabirwa n’abakorera mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.

Imyiteguro irarimbanyije

Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba Ernest Nkurunziza, yatangaje ko muri iri murikagurisha ririmo udushya twinshi.

Ati “Ni imurikagurisha rizitabirwa n’ibigo bitandukanye bya hano mu Rwanda, inganda zikomeye, ibigo bicuruza amabuye y’agaciro, hamwe n’abacuruza imodoka, ku buryo hari n’abashobora kuzitahana.”

“Harimo udushya twinshi, rizabera ku nkengero z’amazi. Ubusanzwe habaga gukumira abantu kwegera amazi ariko ubu abaryitabiye bazaba bashobora no kujya mu mazi; hazaba hari ubwato bubatembereza, hazazanwa ibikinisho by’abana, gufasha abantu kuruhuka no kwidagadura. Hazajya hatumirwa abahanzi bashimisha abantu buri munsi.”

Iri murikagurisha kandi ryitezweho gufasha abantu bazaryitabira kuruhuka no kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka, cyane cyane abana bazaba bari mu biruhuko.

Muri iri murikagurisha kandi ryitezwemo ibikorwa by’imyidagaduro, nkaho hazaba harimo abahanzi batandukanye, bazafasha gususurutsa abaryitabiriye, mu minsi mikuru isozwa umwaka wa 2024.

Yanditse na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru