Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more
  • 26 March » VIBE yahanze imirimo igera ku bihumbi 43,000 ku rubyiruko rwo mu Rwanda – read more

Rubavu: Isenywa ry’Umusigiti wa Mahoko ntirivugwaho rumwe

Thursday 9 January 2025
    Yasomwe na


Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ku mabwiriza y’ubuyobozi bwaka karere n’ubufatanye n’inzego z’umutekano haramukiye igikorwa cyo gusenya Umusigiti wa Mahoko, wubatswe mu nkengero z’Umugezi wa Sebeya, wasenywaga ku mpamvu itangwa yuko wubatswe mu manegeka.

Ubwo twahagera twahasanze inzego z’umutekano, ndetse n’abari bari muri kino gikorwa cyo gusenya uyu Musigiti wa Mahoko.

Hari amakuru avuga ko uyu Musigiti wa Mahoko wasenywe nyuma yaho abawusengeragamo basabwe kuwisenyera ariko bakinangira. Icyakora umwe mu bahasengeraga utashatse ko dutangaza amazina ye yabihakanye.

Yagize ati: "Bari badusabye gukuraho iryo shuri riri muri metero icumi (10), uvuye kuri Sebeya, umusigiti ukagumaho noneho tugategereza andi mabwiriza ajyanye n’isengero, ariko twebwe tukimara gukora ibyongibyo twategereje, ko baza kudusura ngo batwemerere gusiga amarangi kubera ko Sebeya yari yaciyemo".

Uyu kandi yakomeje agaragaza ko iki cyemezo cyo gusenya uyu Musigiti cy’abatunguye.

Yakomeje agira ati: "Ntabwo rero bigeze baza, nta rindi tangazo twabonye rivuga wenda ngo mukureho umusigiti hanyuma ngo twinangire, kuko hari harimo amatapi twakoreshaga mu zindi gahunda zisanzwe, nta lettre (ibaruwa) n’imwe twigeze tubona itubwira ngo mukureho umusigiti.

Twashatse kumenya icyo Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, buvuga kuri kino cyemezo cyo gusenya Umusigiti wa Rubavu, maze duhamagara umuyobozi waka Karere, Mulindwa Prosper, ariko ishuro twamuhamagaye kuri telefone igendanwa ntabwo yabashije kutwitaba.

Umugezi wa Sebeya ukaba waragiye uteza ibibazo mu bihe bitandukanye kubawuturiye, aho nko mu kwezi kwa Gicurasi mu Mawaka 2023, wateje ibiza byahitanye ubuzima bw’abantu babarirwa mu 100 ndetse wangiza n’imitungo yabo.

Mu gushaka ibisubizo kuri bino bibazo, hubatswe damu mu Murenge wa Kanama, yo gufasha gutangira amazi, ndetse hanubakwa urukuta rukikikije uno mugezi, icyakora hari n’abari bafite inyubako zigereye uyu Mugezi wa Sebeya basabwe kuzikuraho.

Yanditswe na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru