Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Rubavu: Umuco wo gutabarana wagiye nka Nyomberi

Friday 19 September 2025
    Yasomwe na

Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Rubavu, bavuga ko muri kano karere hakiri umuco mubi wo kudatabarana, aho umuntu ashobora guhura n’abagizi ba nabi bakarinda bamwica cyangwa bakamwambura ibyo afite agatabaza, ariko abari hafi aho bakabyumva bakaryumaho.


Ntarundenga Raheli, utuye mu Murenge wa Cyanzarwe, ni umwe mu bagaragaza iki kibazo.

Ntarundenga Raheli, utuye mu Murenge wa Cyanzarwe, ni umwe muri bano baturage bagaragaza kino kibazo ndetse atanga n’ingero.
Ati"Hari umukobwa baherutse gutemera muri Haiti ( ashaka kuvuga kamwe mu gace ko muri Rubavu), baramutema, bamutema amaboko, bashaka kumutema n’ijosi, abari aho ngaho mu gipangu muri Haiti ntihagira usohoka ngwamutabare".

Yakomeje agira ati" Hari n’undi uherutse gupfa ku Ikaragiro, umubyeyi yatatse cyane, ni umwisengeneza wanjye, nawe baramutemye ndetse baranamwica arapfa kandi hari abantu nawe ntibigeze bamutabara".

Ibi kandi bishimangirwa n’undi muturage twaganiriye, yagize ati"Umuturage akarinda aho arenganywa na mugenzi we w’igisambo, nuko nyine, nta no kuvuga, wakora no ku Munyesibo umwe, ngo reka da ntabwo ngiye gukubitwa".

Iki ni ikibazo kigararagazwa nk’igiteje inkeke, na bamwe mu baturage batuye muri kano Karere ka Rubavu, gahana imbibi n’Igihugu cya DRC.

Maniraguha Vestine, nawe atuye mu Murenge wa Cyanzarwe, nawe agaragaza kino kibazo ko gihari muri kano Karere ka Rubavu.


Maniraguha Vestine, nawe arabivuga.

Yagize ati"Hariho umuntu ugoganye n’umuntu runaka ari n’ijoro, yavuza akagoma abantu ntibamutabare, tuwuzi (umuco) ahantu bita muri Haiti, no muri za Murara, niho twumva ko abantu bagomba no kubicira mu muhanda, bagatabaza ntihagire umuntu ubatabara".

Mu gihe hari imvugo isabwa abaturage ngo bayishyira no mu bikorwa, aho basabwa gukumira icyaha kitaraba, mu gihe uyu muco wo kudatabara uri gukorerwa icyaha, utacika, birashobo ka ushobora kuyikoma mu nkokora muri kano karere, ndetse no gutezuka ku ishingano zo kugira uruhare mu kwicungira umutekano kubakigaragaza uyu muco unengwa.

Major General, Eugene Nkubito, ni Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, ni umwe mu banenga uyu muco wo kudatabarana.


Major General Eugene Nkubito, asaba abaturage kugira umuco wo gutabarana.

Ati"Kudatabarana, umuco Nyarwanda nabyo, ntabwo bibamo, iyo umuntu yaterwaga, akavuza induru, abandi baravugaga bati komera komera, siko byagendaga? Sikomera komera?Muracyabivuga? Buri muntu ni ukwirwariza? Ibyo byaje bite? Muze kutubwira ukuntu mutagitabarana, umuntu yatabaza ngo ni muntabara baranteye abajura, bati irwariza, wowe se uzatabarwa nande umunsi baguteye? Ubwo rero turasaba yuko uwo muco nawo ugaruka, wo gutabarana".

Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru