Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Rusizi: Umusore yiyahuye babishyira ku mukobwa wamubenze

Friday 3 May 2024
    Yasomwe na

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 23 yapfuye urupfu bikekwa ko yiyahuye bitewe n’umukobwa wamubenze.

Ni umusore uri mu kigero cy’imyaka 23 na 25, wakoreraga mu murenge wa Bugarama, nkuko abo muri uwo murenge babitangarije ikinyamakuru mamaurwagasabo.

Uwitwa Raissa wari usanzwe azi nyakwigendera yagize ati: "Njye uyu musore twahuriye mu bukwe turifotozanya gusa uko namubonaga nabonaga atakwiyahura kubera umukobwa, gusa abantu bavuga ko umukobwa (usanzwe akora akazi ko gusuka) yamwanze maze ahita yiyahura."

Raisa nk’umwe mu batashimiye iki cyemezo uyu musore yafashe yagize ati: "Nanjye nsanzwe mfite uwo dukundana ariko umusore ntabwo yanyanga ngo niyahure cyangwa umukobwa ngo yanze umusore akiyahura!"

Umunyamakuru yabajije uyu Raissa niba nyakwigendera nuwo mukobwa bari bamaranye igihe bakundana asubiza agira ati: "Njyewe uwo mukobwa ntitwavuganaga kuko ndamuruta, we ari mu myaka 17na 18 gusa, urumva ntabwo umuntu wamwanga ngo ako kanya mukimenyena maze ahite yiyahura ahubwo ibigaragara nuko bari bamaranye igihe runaka.

Uyu musore bivugwa ko yari asanzwe akora akazi k’ubukanishi.

Undi umwe mubaganiriye na mamaurwagasabo yagize ati: "Nari nsanzwe muzi yakoraga ubukanishi."

Twufuje kumenya icyo ubuyobozi buvuga kuri uru rupfu icyakora ntitwabasha kubona yaba ubw’umurenge cyangwa ubw’akagari ka Nyange dore ko uyu musore ariho yaratuye ntihagira n’umwe uboneka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru