Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Rusizi: Hongeye kugaragara umurambo uzingiye mu mufuka

Tuesday 1 August 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ntakirutimana Alfred

Mudugudu wa Rushakamba, Akagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe hatoraguwe umurambo w’umukobwa utaramenyekana imyirondoro.

Watoraguwe mu gikari cy’inzu z’ubucuruzi mu mugi, ahagana saa mbiri z’ijoro zo ku wa 31 Nyakanga 2023.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre aganira na Mamaurwagasabo.rw avuga ko bakimara kumenyeshwa ayo makuru bahageze bahasanga uwo murambo.

Yagize ati: "Ni mu gikari mu mazu y’ubucuruzi, umwe mu bacuruzi yasabye agafunguzo yinjiyeyo yumva umwuka utari mwiza ahasanga umurambo, aratabaza RIB na Polisi tuhageze dusanga n’umurambo w’umuntu w’umukobwa, nta myirondoro ye turamenya.”

Uyu muyobozi yakomeje agira ati: “Umaze iminsi nk’itatu yishwe, hanzuwe ko hatumwaho abafite bya bimenyetso bya gihanga bapime hamenyekane amakuru yisumbuye.”

Nyuma yaho bimenyekaniye abantu 2 nibo bamaze gutabwa muri yombi barimo barimo umuzamu wararaga aho basanze uyu murambo ndetse na nyir’inzu watabaje avuga ko abonye umurambo.

Si ubwambere aha mu mujyi wa Kamembe hatoraguwe umurambo w’umuntu wishwe dore ko no mu minshi ishize hari undi warohowe mu kiyaga cya Kivu yishwe bamuzingira mu mufuka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru