Ndayambaje Jean Claude
Umunya-Argentine Lionel Messi yagaragaye i Madrid muri Espagne aho bivugwa ko yagiye kwivuza imvune amaranye igihe kitari gito.
Kuri uyu wa Kane, Tariki ya 4 Ugushyingo 2021 rutahizamu wa PSG yo mu Bufaransa ukomoka muri Argentina yagiye kwivuza imvune ndetse uyu mukinnyi utarigeze agaragara
mu mukino wa UEFA Champions League wabaye mbere yaho ku wa Gatatu ubwo Paris Saint-Germain yakinaga na RB Leipzig bagwa miswi ibitego 2-2.
Uyu mugabo wibitseho imipira ya Zahabu 6, nkuko televiziyo La Sexta yamugaragaje ari ku Ivuriro i Madrid akaba aheruka mu kubuga ubwo PSG yatsindaga ikipe ya Lile ibitego 2-1 Lionel Messi iyi mvune yayikuye muri uyu mukino ubwo yasohotse mu kibuga umukino utarangiye yababaye cyane.
Messi ashobora kutagaragara mu mukino Bordeaux ifitanye na PSG uzaba kuwa Gatandatu Tariki ya 6 Ugushyingo , hakomeje kwibazwa niba azitabira umukino w’ikipe y’igihu cya Argentine mu gihe iyi mvune yaba ikomeje .
Leonardo Umuyobozi wa Siporo muri PSG, yatangaje ko bafite impungenge ku mvune ya Messi ubwo bari barangije gukina na Lille
yavuze ko bigoye kubisobanura, muri aya mezi abiri Ari imbere avuga ko batewe impungenge na Messi cyane ko afite nibibazo by’imitsi.
Iyi mvune ya Messi yabaye ubwo yagonganaga na Luis Martinez wa Venezuela muri Nzeri ikipe ya Paris Saint-Germain ikomeje kugira impungenge na gahunda za Messi zo kongera kujya gukinira Argentine nyamara ikeneye gutsinda imikino iri imbere nyuma yo kunganya na RB Leipzig.
Lionel Messi akaba yaramaze kubona ubutumire bw’ikipe y’igihugu cya Argentina igomba kuzakina na Brazil mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi kizabera muri Quatar umwaka utaha muri 2022.






















