Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umusore n’umukobwa bo mu Murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba barapfa, undi yamukomerekeje arimo kwitabwaho n’abaganga.
Ni amakuru yamenyekanye kuri uyu wa gatanu, tariki 08 Nzeri 2023 ahagana saa cyenda zamanywa ko mu kagari ka Muyira muri uyu murenge inkuba yakoze hasi.
Mu kiganiro Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Manihira, Bwana Basabose Alexis, yagiranye n’umunyamakuru wa mamaurwagasabo ukorera mu Burengerazuba yemeje aya makuru.
Yagize ati: "Nibyo koko Inkuba yakubise abaturage batatu gusa babiri bahise bitaba Imana undi yamukomerekeje arimo kwitabwaho n’abaganga. Byabaye kuwa Gatanu ahagana saa 15h00’. Abo yakubise bose bari batuye mu kagari kamwe."
Abishwe n’inkuba ni Nzafashwanimana Seraphina w’imyaka 21 na Ukurikiyeyezu Damascene wari ufite imyaka 19, mu gihe Hanyurwaniki Thomas w’imyaka 34 yakometse arimo kwitabwaho n’abaganga.
Abanyarwanda barasabwa gukomeza kwitwararika muri iki gihe cy’imvura birinda kugama munsi y’ibiti igihe imvura irimo kugwa, ndetse no gukora ibindi bikorwa birimo gucuranga radio, kwitaba telefone kuko ibi byose bishobora guteza impanuka mu gihe cy’imvura.


















