Bamwe mu baturage mu isanteri ya Congo Nil, mu karere ka Rutsiro, barinubira ko batagira ubwiherero rusange bakoresha aha hantu.
Bamwe muri bano baturage batangaje ko ubuyobozi busa nk’aho bwabirengagije, kuko imyaka iciyemo ari myinshi baremeye kububakira ubwiherero rusange ariko uko imyaka ishira indi igataha, babirenza ingohe.
Umwe muri bo ucururiza mu isantere y’ubucuruzi ya Congo Nil, utifuje ko amazina ye akoreshwa, ntiyumva ukuntu ibyo bemerewe n’akarere bidakorwa.
Ati:"Imyaka uko ishira indi igataha ubuyobozi bw’akarere bwagiye bwemera ko bugiye kubaka ubwiherero rusange mu isantere y’ubucuruzi ya Congo Nil, ariko imyaka uko ishira indi igataha biba nk’inzozi zaheze mu cyumba."
Akomeza avuga ko baganirijwe kenshi, ndetse ubuyobozi bukabereka ko bufite ibisigara bya leta bakubakamo ubwiherero, ariko nubu bakibaza icyabuze.
Undi muturage ucururiza muri iyi santere avuga ko iyo umukiriya ashatse kwiherera babura aho bamwerekeza, bikabasigira isoni n’ikimwaro kandi biyita ko bakorera mu isantere y’umutima w’akarere.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe imibereho myiza, Umuganwa Marie Chantal yavuze ko iki kibazo batari bakizi, ariko ubwo bakimenye bagiye kugishakira igisubizo.
Ati:"Iki kibazo ntabwo bari barakitugezaho ariko ubwo tukimenye reka tuzabasure dushake igisubizo kirambye."
Santere y’ubucuruzi ya Congo Nil iri muri metero nke uvuye ku biro by’akarere ka Rutsiro, by’umwihariko ikaba ari nayo y’umujyi w’aka karere.


















