Nyuma yaho mu mwaka ushize, mu kwezi kwa Werurwe, uwari Gitifu w’umurenge wa Musasa Uwamariya Clemence arwaye bikomeye, ntashobore gukomeza ishingano ze nk’umuyobozi, kuva icyo gihe uyu murenge nta Gitifu utari uwagateganyo ufite.
Kuba uyu murenge udafite Gitifu utari uwagateganyo cyangwa se w’umusigire, hari serivisi zimwe atabasha guha abaturage nko gushyingira, aho uyu muhango hajya hitabazwa Gitifu w’umurenge wa Mushonji.
Kuba amaze igihe kirenga umwaka, atabasha gukomeza ishingano, hakabaye harashatswe undi umusimbura ngo akomeze ishingano yakoraga, nkuko amategeko agenga abakozi ba leta hano mu Rwanda abiteganya.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa, yatangarije Mamaurwagasabo ko byatewe n’ikibazo cyagaragaye muri sisiteme, ifasha mu gushaka abakozi.
Ati" Ngirango tumaze amezi 4, sisiteme yo gushaka abakozi, yarahagaze, aho byagiye bitubera imbogamizi, ariko uwari uhari yagize ikibazo ararwara, kwa muganga baje kubyemeza ejo bundi, ubwo bitwemerera kuba twashyiraho undi mukozi, ubungubu sisiteme yarafunguwe, ngirango gutanga amabaruwa asaba akazi byarangiye ku itariki 16 04, tugeze mu cyiciro cyo guhitamo abujuje ibisabwa".
Amategeko yo mu Rwanda abivugaho iki?
Mu mategeko arebana n’abakozi ba leta hano mu Rwanda, harimo ko ubundi iyo umuyobozi arwaye, bigatuma adakomeza ishingano ze nk’umuyobozi, arwazwa mu gihe kigeze ku mezi 6.
Iyo ibi binaniranye ntabashe kuza mu shingano ze yarafite hashakwa umusimbura kuri wa mwanya yariho.


















