Hari abakozi b’ikigo cy’amashuri cya G.S Kivugiza, giherereye mu murenge wa Nyabirasi mu karere ka Rutsiro bataka ki bamaze amezi agera kuri atandatu badahembwa umushahara wabo.
Mu mezi agera ku munani aba bakozi ngo bari batarahembwa, nibura mu cyumweru gishize babashije kubahemba amezi abiri, bityo hakaba hasigaye andi amezi 6 y’ibirarane.
Abafite kino kibazo ni abakorera kino kigo imirimo itandukanye barimo abateka, abakora isuku ndetse n’abashinzwe umutekano.
Abo twaganiriye muri bo batashatse ko amazina yabo tuyatangaza, bavuze ko bahembwe amezi abiri gusa mu mezi imunani bakoze badahembwa.
Umwe muri bo yagize ati: "Baduhaye amezi abiri mu mezi umunani, ubwo rero icyadutangaje nuko turi kubaza bakadisubiza ngo nta yandi mafaranga, twebwe tujya mu kazi amasezerano baduha ni ayo guhembwa amezi atatu ashize, ariko bakatubwira ko amezi atatu bagomba kuyaduhera rimwe yose".
"Ariko amezi atatu agashira tukumva amakuru ngo amafaranga yaje, umuntu yabibaza bakamwuka inabi, ndetse no kwirukana bikaba binarimo kuko hari abo birukana kuko bishyuje".
Undi nawe twaganiriye muri bano bakozi nawe ashimangira ibi.
Yagize ati: "Nyine uko nabikubwiye ni amezi abiri, ariko ayandi yose bari kuyatwima, amezi abiri, atandatu yose asigaye yeyo".
Umuyobozi w’iki kigo cya G.S Kivugiza Ngabonziza Jean Claude mu magambo make arabihakana.
Yagize ati: "Ntabwo ari byo, ibyo bakubwiye ntabwo ari byo. Dufite aho tubahembera, ni igusebanya cyane, tubahembera kuri banki, ntabwo tubahembera mu ntoki, nta kibazo gihari rwose".
Cyakora nubwo uyu muyobozi avuga ko abo kabozi bahembwa wakibaza igituma iyo mishahara utagera mu biganza bya ba nyirayo cyangwa niba hari ikibazo cyabaye kuri konti zabo ubuyobozi ntibukibasobanurire, bukicara Buzima ko abakozi bahembwe.
Yanditswe na Eulade Mahirwe


















