Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Amarangamutima kuri Perezida wa Sénégal Macky Sall yamurenzee atanga ikiruhuko mu gihugu hose cyo kwishimira igikombe cya Afurika batwaye ku nshuro yabo ya Mbere.
Mu ijoro ryashyize tariki ya 6 Gashyantare 2022, nibwo ikipe y’igihugu ya Senegal yatwaye igikombe isezereye ikipe ya Misiri bakunze kwita Le Pharaoh, umukino wabereye kuri Stade yitwa Olembe mu mujyi wa Cameroon. Byatumye Perezida Sall wari bugirire uruzinduko mu birwa bya Comores arusubika kugira ngo azabanze yakire ikipe ye.
Nkuko byatangajwe na Televiziyo y’Igihugu ya Sénégal (RTS), Perezida Sall agomba kubonana n’abakinnyi kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Gashyantare 2022 kugira ngo abashimire byimazeyo uburyo bamuhesheje ishema mu ruhando mpuzamahanga.
Ikipe ya Sénégal yegukanye iki gikombe cya Afurika ku nshuro ya mbere nyuma yo gutsinda iya Misiri penaliti 4-2 mu gihe iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye ari 0-0 kugeza nubwo bitabaje iminota y’inyongera (Extra time) nayo irangira rubuze gica.















