Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Turikiya: Umugore yahitanye abantu 6

Monday 14 November 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Igisasu cyatewe mu Murwa Mukuru wa Turikiya, Istanbul kuri iki Cyumweru cyahitanye abantu batandatu naho abagera kuri 81 barakomereka.

Icyo gisasu cyatewe n’umugore ahagana saa kumi n’iminota 20 ku masaha y’imbere mu gihugu ku Cyumweru mu gace karimo amaguriro.

Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu yatangaje ko ukekwaho kugaba icyo gitero yamaze gutabwa muri yombi nk’uko inkuru y’Igihe ibivuga.

Visi Perezida, Fuat Oktay yatangaje ko ibi bifatwa nk’igitero cy’iterabwoba cyakozwe n’umugore.

Ni mu gihe Perezida Recep Tayyip Erdogan mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru yacyamaganye ndetse avuga ko umwuka w’iterabwoba uri gututumba.

Minisitiri w’Ubutabera, Bekir Bozdag, yabwiye itangazamakuru ko uwo mugore yamaze iminota irenga 40 yicaye ku ntebe mu gace igisasu cyaturikiyemo, bikaba byabaye hashize akanya gato ahavuye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru