Amakuru ari kuvugwa hirya no hino aravuga ko Leta ya Gitega yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka yose ihuza u Burundi n’u Rwanda.
Ni ibije bikurikira ijambo Perezida Gen. Evariste Ndayishimiye w’u Burundi aherutse kuvugira mu birori bisoza umwaka bitangiza uwa 2024, avuga ko u Rwanda rwimye icyo gihugu abantu rucumbikiye baruhungiyemo ku mpamvu zakurikiye umugambi wo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza mu 2015.
Muri iryo jambo kandi, Perezida Ndayishimiye yaciye amarenga ko ashobora gufunga imipaka ihuza igihugu cye n’u Rwanda nyuma yo kurushinja gufasha umutwe wa RED Tabara.
Ni ibirego u Rwanda rwateye utwatsi, rugaragaza ko nta shingiro bifite, dore ko n’ibice RED Tabara yanyuzemo itera u Burundi, ntaho bihuriye n’u Rwanda.
U Rwanda kandi rwasubije ruvuga ko niba hari ibibazo u Burundi burufiteho inzira yakifashishwa mu kubishakira umuti ari inzira ya dipolomasi.
Abari basanzwe bakoresha iyi mipaka, uwa Nemba n’uw’Akanyaru izwi cyane bavuze ko imipaka yose ihuza u Burundi n’u Rwanda yafunzwe guhera saa saba z’amanywa kuri uyu wa Kane tariki 11 Mutarama 2024.
Kugeza ubu ntacyo impande zombi ziratangaza mu buryo bwemewe kuri ibi bivugwa, haba ku ruhande rw;u Rwanda cyangwa u Burundi.



















