Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

U Rwanda ku mwanya wa nyuma mu karere: RSF

Friday 3 May 2024
    Yasomwe na

Umuryango uharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru ku Isi, Reporters Sans Frontières (RSF), washyize u Rwanda ku mwanya wa nyuma mu bihugu byo mu karere k’Ibiyaga bigari mu kugira ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Ni ibikubiye muri Raporo y’uyu muryango wo mu Bufaransa yashyize ahagaragara tariki ya gatatu Gicurasi (5) 2024, nk’umunsi ngarukamwaka w’ubwisanzure bw’itangazamakuru washyizweho n’Umuryango w’Abibumbye.

RSF ishyirwa u Rwanda ku mwanya wa 144 n’amanota 40/100 mu bihugu 180 byakoreweho ubushakashatsi.

Rwasubiye inyuma ho imyanya 13 ugereranyije na raporo nk’iyi yo mu 2023, aho rwari ku mwanya wa 131.

Nubwo u Burundi buri ku mwanya wa 108 n’amanota 51/100, buvuye ku mwanya wa 114 bwariho mu mwaka ushize, RSF ivuga ko ku butegetsi bwa Perezida Évariste Ndayishimiye u Burundi bukomeje kurangwamo umwuka wo "kwisabira cyane" abanyamakuru.

Itanga urugero rwo mu 2023 ubwo umunyamakuru yakatirwaga gufungwa imyaka 10 ku birego ivuga ko bidahuye mu by’ukuri n’ibyo yazizwaga, agashinjwa "kwibasira umutekano w’imbere w’igihugu."

Imyanya y’ibihugu by’akarere:

Tanzania - 97
Kenya - 102
Burundi - 108
Repubulika ya Demokarasi ya Congo - 123
Uganda - 128
Sudani y’Epfo - 136
Rwanda - 144
Somalia - 145

Ku rwego rw’Isi, RSF ivuga ko ubwisanzure bw’itangazamakuru burimo kubangamirwa n’"abantu ubundi bagakwiye kuburengera – abanyapolitiki".

RSF ivuga ko ibyo bigaragarira ku kuntu mu nkingi eshanu – politiki, ubukungu, amategeko, imibereho n’umutekano – ishingiraho muri raporo yayo, muri uyu mwaka inkingi ya politiki ari yo yasubiye inyuma cyane kurusha izindi.

Ku Isi, ibihugu bitanu bya mbere mu kubahizira ubwisanzure bw’itangazamakuru ni Norvège, iza ku mwanya wa mbere, ikurikiwe na Denmark, Suède, Ubuholandi na Finland."

BBC dukesha iyi nkuru yanditse ko mu gihe cyashize, abategetsi mu Rwanda bakunze kunenga uburyo RSF ikoramo raporo zayo, bavuga ko igarura amakuru ashaje atajyanye n’igihe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru