Repubulika ya Demukarasi ya Kongo n’u Rwanda byemeranyije guhagarika imirwano, "Cessez-le-feu" mu burasirazuba bwa Congo hagati y’abarwana.
Ni icyemezo cyavuye mu musaruro w’ibiganiro bimaze iminsi bibera i Luanda muri Angola, byatumijwe n’umuhiza hagati y’igihugu byombi, Perezida Lorenzo.
Itangazo ryaturutse i Luanda muri Angola ahabereye iyo nama tariki ya 30/07/2024 rivuga ko guhagarika imirwano bizatangira guhera tariki ya 04 Kanama 2024 ariko nta tariki bizarangirira.
Ayo makuru yatangajwe bwa mbere n’ibiro by’umukuru w’igihugu cya Angola kuri uyu wa kabiri nyuma y’inama hagati ya baminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, Thérèse Kayikwamba Wagner wa Kongo na Olivier-Nduhungirehe w’u Rwanda n’umuhuza, Prezida wa Angola, Joao Lourenco.
Nyuma y’ibyo biganiro, abo bayobozi bombi bemeje ko impande zihanganye ari zo ingabo za Leta n’umutwe wa M23 zigomba guhagarika imirwano mu rwego rwo gushyigikira imigambi yo guharanira amahoro n’umutekano birambye mu burasirazuba bw’igihugu.
Ibiro bya ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Congo byemeza ko icyo gihugu kiyemeje gushyira mu bikorwa umugambi wo gusenya imitwe yose yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwacyo harimo n’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.
Nubwo ku hemejwe guhagarika imirwano hagati y’abarwana, ntabwo havuzwe niba impande zirwana arizo zari zihagarariwe na buri gihugu muri iyo nama.


















