Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

U Rwanda ruciye umubano n’Ububiligi

Monday 17 March 2025
    Yasomwe na

Nyuma yo kubyigana ubushishozi, Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yahagaritse umubano wayo nabwo mu bya dipolomasi, inategeka Abadipolomate b’iki gihugu kuba bavuye ku butaka bwabwo mu gihe kitarenze amasaha 48.

Ni umwanzuro Guverinoma y’u Rwanda yafashe kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe, ndetse ugomba gushyirwa mu bikorwa ako kanya. U Rwanda ruvuga ko rwawufashe nyuma yo kubyigana ubushishozi mu ngeri zose, bitewe n’imyitwarire yabwo ya gikoloni.

Ku munsi w’ejo mu nama yamuhuje n’abaturage bahagarariye abandi mu gihugu, Perezida Kagame yavuze ko aza gufatirwa umwanzuro Ububiligi, asaba abanyarwanda kuza kwemera kwizirika umukanda.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda risohotse mu minota mike y’igicamunsi cyo kuri uyu Wa 17 Werurwe 2025, rigaragaza ko u Rwanda rwahaye amasaha 48 abadipolomate b’Ububiligi kuba bavuye ku butaka bw’u Rwanda.

Iki cyemezo kandi kije gikurikira umwanzuro u Rwanda ruherutse gufata wo guhagarika ubufatanye n’Ububiligi mu by’iterambere muri gahunda y’u Rwanda y’imyaka 5 iri imbere, NST2 izageza 2029.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru