Perezida Kagame Paul yatangaje ko u Rwanda rukomeje gushaka uburyo bwo kuzahura ubukungu bwarwo bwashegeshwe n’icyorezo cya Coronavirusi (COVID-19) n’ubu rugihanganye nacyo.
Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Televiziyo ya CNN ikorera muri America, Richard Quest.
Perezida Kagame yabwiye uyu munyamakuru ko nubwo u Rwanda rwahungabanyiwe bikomeye na COVID-19 ruticaye ubusa kuko hari ibisubizo rwatangiye gushaka.
Muri ibyo bisubizo birimo n’ik’ingenzi cyo gukingira abaturage nk’uburyo bwizewe inzobere mu by’ubuzima zisanga bwatanga umutekano mu kuzahura ubucuruzi n’ibikorwa bizamura ubukungu bw’abantu n’igihugu, bikaba bisaba gukingira umubare munini ushoboka w’abaturage.
Perezida Kagame yavuze ko kuba kugeza ubu ibihugu byinshi byo muri Afurika bitarimo gukingira abaturage babyo bishimangira ubusumbane mu bihugu bikize n’ibikiri mu nzira y’amajyambere.
Kugeza ubu, ibihugu bike byo ku mugabane w’Afurika ni byo byatangiye ibikorwa byo gukingira COVID-19 ariko nabyo umubare w’inkingo bimaze kubona uracyari muto cyane ugereranyije n’umubare w’ababituye bagomba gukingirwa.
U Rwanda narwo rumaze iminsi rutangiye gukingira abakozi b’abaganga bari mu byago byinshi byo kwandura COVID-19 bitewe n’uko bahura n’abarwayi bayo umunsi ku wundi mu kazi kabo.
















