Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

U Rwanda rwavumbuye umugambi uri inyuma ya FARDC kurwana na M23

Monday 3 February 2025
    Yasomwe na

U Rwanda rwamaganye ibyaha bivugwa ku Ngabo z’u Rwanda (RDF) mu ijambo ry’Inama idasanzwe y’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) yabereye ku itariki ya 31 Mutarama 2025.

Byatangajwe mu itangazo ryasohowe tariki ya 2 Gashyantare 2025 rya minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

Iri tangazao ryavugaga ko ingazo z’u rwanda, RDF, zirinda imipaka y’u Rwanda ku byago ndetse zikanirinda abaturage, zikora ibitero ku baturage.

Itangazo rikomeza rigira riti: Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo SADC washyizeho ingabo zishaka gutera, SAMIDRC, kugira ngo ushyigikire intambara ya Leta ya DRC ku baturage bayo – M23 n’abanyamuryango b’iyo muryango – benshi muri bo bahungiye mu Rwanda no mu bindi bice by’akarere.

Leta ya DRC nayo ifite intego yo kugaba ibitero kuri Rwanda no guhirika ubuyobozi bwayo, nk’uko byagiye byumvikana kenshi kandi byavuzwe ku mugaragaro na Perezida Tshisekedi.

Biragaragara ko SAMIDRC hamwe n’abafatanyabikorwa barimo ingabo z’u Burundi, FDLR n’abashoramari b’abazungu, ari bo b’ingenzi mu ntambara, kandi ntibagomba kuba bariyo kuko bari kongera ibibazo byari bisanzweho.

Ibyo kuvuga ko SAMIDRC yatumijwe na Leta ya DRC ntaho bihuriye n’ukuri kuko bariyo kugira ngo barwanye abaturage b’icyo gihugu, kandi mu buryo bw’ukuri, bazana intambara mu Rwanda.

Amakuru aherutse kuvugwa avuye i Goma ku byo bamaze gutahura, ndetse n’ibimenyetso by’amashusho yerekana imyiteguro y’ibitero, byateguwe hamwe n’ingabo z’abanyamahanga zirwana mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, harimo na FDLR, byerekana ko intego z’intambara atari ukugutsinda M23 gusa, ahubwo no kugaba ibitero ku Rwanda.

U Rwanda rwemera ko habaho umuti w’ibibazo w’imbere mu buryo bwa politiki, kandi rwakiriye inama ihuriweho ya EAC na SADC iteganyijwe.

Iyi ni inzu y’umuryango wo muri Rubavu hafi mu mugi, yasenywe n’ibisasu FARDC yateye mu Rwanda yitwikiriye ko irimo kurwana na M23 mu cyumweru gishize
Perezida Tshisekedi yakunze kumvina avuga ko azashyigikira uwo ari we wese washaka guhirika ubutegetsi bw;u Rwanda, nawe avuga ko azasaba inteko ikamwemerera gutera u Rwanda

Yanditswe na Samuel Mutungirehe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru