Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

U Rwanda rwitabiriye ibiganiro bihuza M23 na FARDC

Wednesday 14 December 2022
    Yasomwe na

Umusirikare w’u Rwanda yagaragaye mu biganiro byahuje Umutwe w’Inyeshyamba wa M23 n’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC.

Ni umusirikate ubarizwa mu mutwe w’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba uzwi nka EACRF.

Yagaragaye mu mpuzankano ya RDF iriho ikirango cya EACRF yari yaherekeje Komanda w’uyu mutwe, Lieutenant General Jeff Nyagah muri ibi biganiro byabereye mu gace ka Kibumba gahana imbibi.

Abandi bari muri ibi biganiro barimo Colonel Nzenze Imani uyobora ibirindiro bya M23 biri muri Kibumba, Lieutenant General Tchiko Tshitambwe uyobora ibikorwa bya FARDC muri rusange na General Mashita uyobora ibikorwa bya FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu mutekano usesuye wari urinzwe n’ingabo za Kenya zibarizwa muri EACRF, intumwa za M23 na FARDC zaganiriye ku imirwano yahagarara, uyu mutwe witwaje intwaro ugasubira mu birindiro wahozemo, hagakurikiraho ibiganiro bya politiki.

Uyu musirikare w’u Rwanda ari muri EACRF hashingiwe ku mwanzuro wafashwe n’abakuru b’ibihugu bya EAC, ushyirwa mu bikorwa n’abagaba bakuru b’ingabo.

Uyu mwanzuro wavugaga ko buri gihugu kiri muri EAC kigomba kohereza muri EACRF umusirikare uzungiriza komanda mukuru, Gen. Nyagah, mu buyobozi bw’ubutumwa bw’amahoro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru