Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

UWAHOZE ARI UMUGANGA MURI CHUB WASHIMAGIJE HABYARIMANA MU MUHANGO WO KWIBUKA25 YATAWE MURI YOMBI

Tuesday 9 April 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi, uwahoze ari Umuganga mu Bitaro bya CHUB washatse gusobanura “Revolution ya MRND” yifashishije imbwirwaruhame ya Habyarimana Juvenal mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi wabereye mu Murenge wa Nyamirambo.

Ubwo umuhango wari urimbanije, uyu muganga w’imyaka 44 ngo yahagurutse yiha ijambo avuga ko itariki ya 7 Mata imushimisha.

Yakomeje atangira gusobanura ibya “Revolution ya MRND” yifashishije imbwirwaruhame uwahoze ari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana yagejeje ku banyarwanda ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 10 yari amaze ku butegetsi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo, Marie Chantal Uwamwiza, yabwiye IGIHE ko uwo muganga atari kuri gahunda y’abagombaga gutanga ibiganiro.

Ati “Nta wamuhaye ijambo niwe waryihaye, atangira gusobanura ibya revolution ya MRND yifashishije agatabo yari afite, avuga ko yishimiye ibikorwa bya Habyarimana n’uko abashinzwe umutekano bahita bahagoboka baramucecekesha, umuhango urakomeza.”

Yakomeje agira ati “Uriya muganga amaze imyaka ibiri atuye mu Murenge wa Nyamirambo, yahaje avuye mu Bitaro bya CHUB ngo bamwirukanye. Ntasanzwe agaragara muri gahunda za Leta, ariko ducyeka ko ari ukubera ko aba ari mu kazi kuko akora mu ivuriro riri ahitwa kuri 40.”

Abajijwe niba muri uyu muhango hari ubusinzi cyangwa uburwayi runaka bwagaragaraga kuri uyu muganga, Uwamwiza yasubije ko umurebeye inyuma wabonaga ari muzima.

Umuvugizi wa RIB, Mbabazi Modeste, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko uyu mugabo afungiye ku sitasiyo ya RIB ya Rwezamenyo.

Ati “Yafashwe kubera ibikorwa yakoze ejo mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba acyekwaho ibyaha yakoreye mu ruhame birimo guhakana no gupfobya Jenoside. Harimo gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyari kigenderewe.”

Src/igihe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru