Kuri uyu wa kabiri nibwo abayobozi baturutse mu bihugu bya Czech Republic, Poland na Slovenia berekeje i Kyiv mu Murwa Mukuru wa Ukraine mu gutanag ubufasha busesuye.
Aba bayobozi baje gutanga ubufasha mu gihe Uburusiya bwarashe ibisasu ku nyubako y’umuturirwa iri mu Murwa mukuru Kyiv igasenyagurika hakaba hari kwitabaza inzego zishinzwe kuzimya inkongi.
Kugira ngo abo bayobozi nabwo bagere muri Kyiv byasabye ko bagenda na Gale ya Moshi kuko izindi nzira bitoroshye kubona uburyo zakoreshwa bagenda urugendo rurerure.
Umuyobozi mushya w’Umujyi wa Kyiv, Vitali Klitschko amaze iminsi atangaje ko umujyi wose ujya muri guma mu rugo y’amasaha 35, hagasohoka gusa abantu bafite impamvu zizwi, zumvikana.
Ukuriye ishami rishinzwe akarere, Valentin Reznichenko yavuze ko yabonye misile ebyiri z’Uburusiya zisenya inyubako iri ku kibuga cy’indege cya Dnipro kiri rwagati muri Ukraine.
Kuri uyu wa mbere habaruwe inzirakarengane 1,800 zazize ibitero by’Uburusiya bigwa mu Murwa Mukuru Kyiv.















