Thursday . 12 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more
  • 10 March » Ibiciro byazamutseho 9.2 muri Gashyantare – read more
  • 10 March » Iran yongeye kugaba ibitero mu kigobe cy’abapersi – read more

Ubuyobozi bwa Trump bwongereye ibihano by’ingendo muri Amerika ku bindi bihugu bitanu

Wednesday 17 December 2025
    Yasomwe na

Ubuyobozi bwa Trump bwongereye iminsi ku itegeko ryo guhagarika ingendo muri Amerika harimo ibihugu nka Burkina Faso, Mali, Nijeri, Sudani y’Epfo na Siriya, hanyuma banongera amabwiriza ku bashobora kujya cyangwa kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ni Itangazo ryatangajwe kuwa kabiri i Washington, ryongereye ibihugu bitanu ku rutonde bihanganye n’itegeko ryo guhagarika ingendo burundu, mu gihe rishyiraho andi mategeko ku bindi bihugu 15, birimo Nijeriya, Senegali, Ivory Coast na Tanzaniya. Ingendo zikoresha inyandiko zatanzwe n’ubuyobozi bwa Palestine nazo zagabanyijwe burundu.

Ingamba nshya zikubye kabiri umubare w’ibihugu byagizweho ingaruka n’amategeko agenga ingendo zatangajwe bwa mbere mu ntangiriro z’uyu mwaka kandi ziteganijwe gutangira gukurikizwa ku ya 1 Mutarama. Ayo mategeko areba abashyitsi n’abashaka kwimukira, nubwo hakiri uburenganzira ku batuye muri Amerika bemewe n’amategeko, abafite viza, abadipolomate, abakinnyi n’abantu ku giti cyabo binjirira mu gihugu cyabo.

Ubuyobozi buvuga ko icyemezo cyafashwe gishingiye ku bibazo by’umutekano w’igihugu, buvuga ko hari amakuru y’abaturage atari ay’ukuri, ruswa ikigaragara mu bihugu byinshi. Abayobozi banagaragaje ibibazo by’iyubahirizwa ry’amategeko agenga abinjira n’abasohoka n’ibibazo by’umutekano biherutse kubaho.

Abanenga bavuga ko iki gikorwa kigamije kurenga ku burenganzira bw’abaturage bushingiye ku bwenegihugu. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko iri tegeko rishobora gukumira bamwe mu bimukira, barimo n’Abanyafaganisitani bafashije ingabo za Amerika.

Ibihugu byinshi byagize ingaruka n’iri tegeko byavuze ko birimo gusaba ibisobanuro ku bayobozi ba Amerika uko abatavuga rumwe na leta bakomeza kwiyongera.

Sandra Saula Tumukunde

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru